Ruhango yegukanye ibikombe bibiri mu Mikino ya nyuma y'Amashuri Kagame Cup 2026

Akarere ka Ruhango kongeye kwigaragaza mu rwego rw'imikino y'amashuri, nyuma y'uko amakipe yari agahagarariye yitwaye neza mu mikino ya nyuma ya Amashuri Kagame Cup 2026, yegukana ibikombe bibiri by'igihugu ndetse n'umwanya wa gatatu mu yandi marushanwa.


Mu mikino yasojwe ku wa 31 Gicurasi 2026, ishuri rya GS Indangaburezi ryegukanye igikombe cy'igihugu muri Volleyball, nyuma yo kwitwara neza kuva irushanwa ritangiye kugeza ku mukino wa nyuma.


Mu mukino wa Rugby, ishuri rya Gitisi TSS ryanditse amateka meza ryegukana ibikombe by'igihugu mu byiciro by'abahungu n'abakobwa, ibintu byashimangiye urwego rwiza rw'iterambere ry'uyu mukino muri Ruhango.


Naho ishuri rya ES Kigoma, ryaserukiye Akarere muri Handball, ryegukanye umwanya wa gatatu ku rwego rw'igihugu, umusaruro ugaragaza ko amakipe y'Akarere akomeje kuzamura urwego rw'imikino no guhatana ku rwego rwo hejuru.
Aya makipe yegukanye imyanya ya mbere ategerejwe kuzahagararira u Rwanda mu mikino ya Federation of East Africa Secondary Schools Sports Association (FEASSA), izabera muri Tanzaniya mu kwezi kwa Kanama 2026, aho azaba ahanganye n'andi makipe akomeye yo mu Karere ka Afurika y'Iburasirazuba.


Ubuyobozi bw'Akarere ka Ruhango bushimira byimazeyo abanyeshuri, abarimu, abatoza ndetse n'ababyeyi bagize uruhare muri izi ntsinzi, bukaba bubifuriza gukomeza kwitwara neza no guhagararira igihugu mu buryo bw'indashyikirwa mu marushanwa mpuzamahanga ategereje.


Intsinzi y'aya makipe ni ishema rya Ruhango n'u Rwanda muri rusange, ndetse ni ikimenyetso cy'uko ishoramari mu mikino y'amashuri rikomeje gutanga umusaruro ushimishije.

Back