Ruhango
Akarere ka RUHANGO ni kamwe mu Turere umunani tugize Intara y’Amajyepfo kashyizweho n’itegeko n0 29/2005 ryo kuwa 31/12/2005 rigena inzego z’ imitegekere y’Igihugu cy’u Rwanda. Akarere ka Ruhango kagizwe n'ibyari Uturere twa Kabagali, Ntenyo, Ntongwe n’Umujyi wa Ruhango. Akarere ka Ruhango kagizwe n’Imirenge 9, Utugari 59 n’Imidugudu 533, gahana imbibi n’Uturere dukurikira: § Mu majyaruguru : Akarere ka MUHANGA § Mu majyepfo : Akarere ka NYANZA na NYAMAGABE § Mu burengerazuba : Akarere ka KARONGI § Mu burasirazuba : Akarere ka KAMONYI na BUGESERA Akarere ka Ruhango kagizwe n’ibice bitatu : Igice cy’Amayaga kigizwe n‘Imirenge ya mbuye,Kinazi na Ntongwe Igice cy’Akabagali kigizwe n’Imirenge ya Bweramana, kabagali na Kinihira Igice cyo hagati kigizwe n‘Imirenge ya Ruhango;Byimana na Mwendo Icyicaro cy’Akarere ka Ruhango giherereye mu Murenge wa Ruhango, Akagali ka Nyamagana, Umudugudu wa Nyarusange ya I kuri metero 600 (600m) uvuye kuri Kaburimbo, ku birometero 73 uvuye mu Mujyi wa Kigali werekeza i Huye. Akarere ka Ruhango gatuwe n’abaturage 359,121, bari mu ngo 94,508, barimo abagabo 172,096 n’abagore 187,025. Ubuso bw‘Akarere ka Ruhango bungana na km2 626.8 ni ukuvuga abaturage 573 kuri km2 Ubukungu bw’Akarere ka Ruhango bushingiye ahanini ku buhinzi n' ubworozi.
Menya byinshi9
Imirenge
59
Utugari
533
Imidugudu
628.8
Ubuso (Km2)
359,121
Abaturage (2022)
573
Ubucucike (Km2)
Imirimo yo kubaka umuhanda wa kaburimbo Kibingo-Karambo-Buhoro w’uburebure bwa kilometero 4,5 irakomeje, ukaba witezweho guteza imbere ibikorwaremezo…
Mu kwizihiza umunzi w’Intwari z’u Rwanda ku rwego rw’Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w’ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu,…
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Madamu Kayitesi Alice, ari kumwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara (PES), Bwana Nshimiyimana Vedaste, bagiriye…